Ibi nibyo biranga, abasaza b’iwacu.

Abasaza bacu, bagira amajambo yuzuye ubwenge kandi batarasomye. Akeshi, byunvikana ko abantu basomye aribo bagira ubwenge gusa ariko siko ubundi siko biba bimeze. Ibi byadutereye gushaka amwe mu majambo, yagiye avugwa na bamwe mu banyabwenge b’iwacu,dore ko  abeshi batigeze banakandagira kundaraza y’amasomo.

Abasaza b’iwacu, byakunze kurangwa no kugira impano zo gutekereza amajambo yuzuye ubwenge. Mu mvugo z’amahanga, twabyiza ko ari ba (Sages).

Amwe mu majambo yagiye avugwa n’abasaza b’abanyabwe b’i Mulenge.

1. ” Ngo Inka mbi, niyo nziza” Mzee Karuciye Daudi.

2. Umuntu ntagira inshusho, asa n’ibihe” Mzee Karuciye Daudi

3.” Ikigori cameze mugisura, cifuzwa n’abantu ndetse n’amatungo” Mzee Nkobongo Yohana

4.”Abasoda bararwanye hapfa i kanisa” Mzee Karuciye Dawudi

5.” Umunyaporotike wese azasa n’inyana itaratega amahembe, ati kuko utaba uzi uko izatega ; Mzee Karuciye Daudi

6.”Yasabye ko bamutera Isindano m’umutwe, kubera ko yari yawurwaye”. Mzee Daudi Karuciye

7.” Isi ngo yarisanzwe ifite ise ariko  ubu ngo yabonye nyina”. Mzee Karuciye Daudi

8.”Abagabo  ngo n’abapangayi,abagore ngo nibo banyiringo” Mzee Karuciye Daudi

9.” Ngo Isi ntigira imyuma n’imbere, hose ngo n’inyuma kandi hose ngo n’imbere”. Mzee Karuciye Daudi

10. “Inka mbi niyo nziza” Mzee  Karuciye  Daudi.

11.”Guhunga inzara ugahungana Inda, ngo ntaco waba ukoze” Mzee Karuciye Daudi

12.”Inka yabyaye ikimasa ngo irutwa n’inka igifite amezi ati, kuko uba ugifite icizere ko izabyara inyana”.Mzee Karuciye Daudi

13.”Ngo Ababembe, nti bazaturusha imbaraga zo kudukura muri Congo ati ariko bazatubuza amakamba mw’ijuru”  Mzee Nyamakobwe

14. A)”Nabonye imperuka zibiri:

-“Aho umugabo yicara kuntebe umukazana avuye ho, igishushye”.

-“Aho umugabo ava munsi y’inka ayikama, yamara akayishorera ngo aje kuyigurisha, yabura umuguro agakomeza kuyikama” Mzee Ruhinankiko

15.”Nigute Mobutu yatanze Gatumba atatubgiye” uwabivuze ntitwabashije kumenya.

16.”Nimba mwanze ko nyura k’umupaka,ko nta byangombwa, ngo basi ntimwonyereka inzira ya fraude?” Kagombe

17.”Ngo yageze mw’ikanisa yicara areba m’umuryango, bamubajije impanvu yicaye gutyo, abasubiza ko, amaze igihe kinini yicara areba imbere kandi yunva ko Yesu ari hafi kuza ati yicara areba imbere kugirango arebe ko noneho Yesu  ari buze” Mzee Daudi Karuciye

18. “Ibyaha bivukana n’ibyago” Mzee Karuciye Daudi

Gaby B

Show Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *