Ibisakuzanwa

Kumpamvu zo kubungabunga umuco wacu wa Kinyamulenge, twashizeho ur’urubuga, kugira ngo twigishe no gutoza abana bacu ibyo basogokuruza basize baturaze. Har’ibintu byishi bigize umuco wacu. Mur’iyo, harimo: Ibisakuzanwa, Imifomoro, Imigani, Ibyino n’Indirimbo.

Uy’umunsi, twifuje ko twiyibutsa akamaro, n’ibisobanuro by’ibisakuzanwa byo m’umuco waco.


Ibisobanuro by’ibisakuzanwa:
Kubakiri batoya, twababgira ko ibisakuzanwa ari uburyo, abantu babazanya ibibazo bihishe/bizinze, umuntu uwari wese atapfa kumenya ico bisobanura. Kugira ngo ubashe kubisubiza, bisaba kuba warakuriye Mukirambi, aho abantu bataramira bakaganira kubintu byishi bitandukanye. Umuntu wabajijwe igisakuzo, bisaba ko atekereza neza ico bamubajije, kuko bitaba byoroshe kugira ngo utange ijibu nyaryo.

Akamaro k’ibisakuzanwa:
Akamaro kabyo, n’uko bifasha abana gutekereza bikagura ubgenge bgabo. Nibyiza, gukomeza uy’umuco wo kuganiriza abana ku bintu byiza biranga umuco wacu. Ikindi kintu ciza tutakwirengagiza, nuko iwacu ubu aribgo buryo tugira bgiza bgo gutarama. Reka, dukomeze umuco wacu nibgo tuzakomeza kuba abo turibo.

Dore bimwe mubisakuzanwa twabashije kwibuka:

Sakwe sakwe
	Ruze
Ngir'inzu yanjye itagira umuryango.
	Igi
Sakwe sakwe
	Ruze
Ngira umugozi wajye, inza nzirikisha isi yose
	Ibitotsi
Sakwe sakwe
	Ruze
Nfite umwana wanjye, uzuvuka yambaye, agakura yiyambura
	Igitoki
Sakwe sakwe
	Ruze
Ngira impfizi yanje, izayimya igaramye
	Isindano
Sakwe sakwe
	Ruze
Kuba aharengeye siko kunva
	Agasongero k'inzu
Sakwe sakwe
	Ruze
Mututsi muremure agutanze mucambu
	Umutonyi w'invura
Sakwe sakwe
	Ruze
Nyankesha arakina mw'irango
	Inda, muruhara
Sakwe sakwe
	Ruze
Twovamo umwe, ntitworya
	Amashiga
Sakwe sakwe
	Ruze
Nvuye guta nyogokuru, angaruka inyuma
	Ivu
Sakwe sakwe
	Ruze
Kuba m'uruzi, siko gushira amaga
	Igikeri
Sakwe sakwe
	Ruze
Nyamakangara dutahe
	Imbeho kurugi
Sakwe sakwe
	Ruze
Ko zitaritse hamwe, wamenya iyakoye nyoko?
	Ibishwemu by'amase
Sakwe sakwe
	Ruze
Ngira agakongoro kanje, kaza kamweramwo dede wenyine
	Akobo kinzoka
Sakwe sakwe
	Ruze
Ko kwikubita, ko kwigarika, ko kwambara matena
	Agahu m'urwondo
Sakwe sakwe
	Ruze
Waje mubajiji urumujiji?
	Umuko mukibira
Sakwe sakwe
	Ruze
Karashubereyeeeee
	Akotsi k'abatabazi
Sakwe sakwe
	Ruze
Ngakooooo
	Akanyunyuzwa
Sakwe sakwe
	Ruze
Ngakooooo
	Akana kagiye iwabo
Sakwe sakwe
	Ruze
Ihihihihihihihihihiii
	Igikecuru, citayeho igikoma
Sakwe sakwe
	Ruze
No gutera ikikakika, no gutera ibumba bumba, no gutera icutazi utabonye
	Ikika kika n'umuriro, ibumba bumba n'inkono, icutazi
	utabonye n'ubusore bwaso n'ubukumi bga Nyoko.
Sakwe sakwe
	Ruze
Nfite umurima wanje, nzansarurira m'ukuboko
	Umusatsi wogoshwe
Sakwe sakwe
	Ruze
Nyamwuma arasha umugongo
	Umuzi w'iziko
Show Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *